Thursday, 29 January 2015

UKURI KURA RYANA NIYOMPANVU ABASHAKA KWIHISHA INYUMA YIBIBI BASHAKWIVUGANA ABANDI NTI BIKUNDA

Intwari z,Imurenge zizira kuba zivuga ukuri ndetse zi kabishi ra mubi ko rwa; kubura ku munya makuru RUSHOMBO Freddy nibi ntu bikomeye  bishaka guhungabanya itangaza makuru ry'Imurenge ariko siko bimeze , duhereye kera atari cyane  byahereye ku mugabo NICOLAS wumusoda wazize ukuri yanga kugurisha ubwoko iyo nintwari ya bajeje kuzira ukuri.mugihe ba kuraga MOBUTU kubutegetsi , ni bwo ijambo ati INZIRA IGIHUMBI,  ryaje abasore nabo ati turabagabo ni beshi ntarondoye nkk su munsi wo kwi buka intwari zacu , kuru bu dufite abagabo beshi bakomeye , ariko bose bahozwa kunkeke bahigwa ngo bicwe  bafungwe bahotorwe nibindi bibi kubera gukunda igihugu cyabo ntawa shidikanya ko babuze mu basoda bakuru dufite . bakaba bari kwiruka  ku musore wandika ibyabaye atahibye ngo abe yabuzwa kubaho cg  ngo abuzwe ubumuntu bwe kubera ubwenge afite .  uyu musore yandika  amakuru yo mu karere , ki wacu  IMURENGE , akaba anarwanira ubwisanzure bwitangaza makuru ,mukarere....

Rushombo  nu mugabo wubatse ufite umudam nu mwana umwe .yakunze gukorera kuru buga rwa fcbk akoresha ukuri ndetse ntabogama nabuke,

Aba muhiga  ntawe ushikanya ko ari bamwe bahitanye intwari zacu nyishi bashaka ko umunya murenge yakwangara akandagara akagira isura nki yabo ndoreko atari nziza nabuke ,

Rushombo is hero nkuko ari muba tangiye umuri mo wita ngaza makurumugace kara menyekana cane kurusha ho kurubu aba mwirukaho tura bamaganye peee eeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeee.
NTa wabuza itangaza makuru kuvuga ukuri ,nkk intwari zizira ukuri.  , 
 Banya murenge mugire umusimamo mumenyeko aho muri murinzwe n, Imana  
UYu munsi ni RUSHOMBO ejo nabandi mureke tu byange twese sibyiza kubura umuntu nkuyu .nundi uwari we wese nti twahaze abantu bacu tura bakeneye ikosa dufite inkiko tuzabihanira ntampanvu ni mwe yatuma baduhigira abantu ,bamwe nabo hakurya abandi hakuno uko tundahuje ni nako tudahuje nubwi sanzure 

FREDDY RUSHOMBO YABUZE NDORE UKO YAHIGWAGA


Hakomehe gushirwamo imbaraga mugushakisha Umunyamakuru Rushombo Freddy ngwafatwe afubgwe
Kigali, Bujumbura, Gisenyi na Kamembe ndetse na Bukavu nihamwe muhashiwe ubutasi mugushakisha Uyu munyamakuru Inkuru itugezeho nuko harundi muhungu wumunyamurenge mumujyi wa Bujumbura utashatseko izinarye rishirwa ahagaragara yahohotewe mwijoro aho bamusanze iwe murugo mwisaha 6 bakekaga ko ari Rushombo baramutwara bamumarana isaha4 nyuma yogusanga atari we baramurekura
Inkuru dukesha Isanganiro yanyujijeho mumakuru yamugitondo cuyumunsi wakane, yavuzeko inzego zumutekano zurwanda zifatanije nabamwe mubanyamurennge ba Kigali ndetse nibukavu barigushakisha bidasubirwaho umunyamakuru Wandikaga Amakuru Atandukanye yabanyamurenge kurubuga Rwa Facebook rwitwa Imurenge Niheza Rushombo Freddy ibi ngo arazira kuba yarinkimbogamizi yimigambi mibi bafite kuri kivu , Isanganiro yakomeje ivugako uru rubuga nurubuga rwari rumaze gukomera mukuvuga inkuru zitandukanye zabakongomani,
barangije bavugako ibura ryuyu munyamakuru ryababaje abantu benshi batandukanye byumwihariko. abanyamurenge
tubibutse yuko kugezubu Rushombo Freddy yaburiwe irengero ntibiramenyekana aho uyumunyamakuru yaba aherereye kuko yavuye kumurongo wiwe wa Whatsapp, Facebook, viber, telephone byose yabikuyeho
Tuzagezahe nogutotezwa bene aka kageni? rushombo arazira iki?

Sunday, 25 January 2015

ABANYA FURIKA BABANGAMIWE NIHUTAZWA RYA BAZUNGU BASUBIRA KUMUGABANE WABO AKON

Aliaune Damala Bouga Time Bongo Puru Nacka Lu Lu Lu Badara Thiam uzwi nka Akon mu muziki yibukije Abanyamerika bakomoka ku Mugabane wa Afurika ko badakwiye kwinubira ihohoterwa bakorerwa bari ku 

butaka bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ngo kuko atari igihugu baremewe.
Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo ya Al Jazeera binyuze mu kiganiro Talk To Al Jazeera, uyu muhanzi umaze guhatana Grammy Awards inshuro eshanu yabajijwe icyo avuga ku ihohoterwa rikorerwa bamwe mu birabura ku Mugabane wa Amerika, atazuyaje avuga ko ababangamiwe n’amahamwe yashyizweho n’abazungu muri Amerika bakwiye gusubira iwabo muri Afurika aho bazabaho mu mudendezo.
Uyu muhanzi ufite inkomoko muri Senegal yavuze ko Umunyafurika wese utuye muri Amerika akaba adashimishijwe n’uko abayeho, ngo akwiye gusubira iwabo akarekera idembe Abanyamerika.
Yagize ati “Nibasubire mu rugo…nibasubire muri Afurika. Gahunda y’imibereho muri Amerika ntabwo yashyiriweho abirabura”
Yunzemo agira ati “Ntabwo nshaka kubavugira cyane, hari ubumenyi mfite bo bashobora kuba badafite kuko njye nabaye muri Afurika , ndayizi ndetse nanabaye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Muri njye nzi neza ko Afurika ariyo yagenewe Abanyafurika. Nuko rero, iyo mbonye Abanyamerika bakomoka muri Afurika bahura n’ibi bibazo, mpita nibaza ngo: Kuki badasubira iwabo…nibasubire muri Afurika”

Amagambo Akon yavugiye kuri Al Jazeera benshi mu birabura by’umwihariko Abanyamerika bakomoka muri Afurika ntibayishimiye na gato ndetse bafata Akon nk’umwirabura wiyibagije amateka bagenzi be banyuzemo nubwo we yavukiye muri Amerika.

Uyu muhanzi yatangiye umushinga ukomeye ku Mugabane wa Afurika aho akwirakwiza amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba binyuze mu mushinga yise ‘Lighting Africa’. Afite intego yo kuwugeza mu bihugu 46 bitarenze muri 2020.

YABURIWE IRENGERO ,YATWAWE NA BATAZWI MINISTRE WU MUCO NASPORT

Minisitiri w’Umuco na Siporo wa Repubulika ya Centrafrique, Armel Ningatoloum Sayo, yashimuswe n’abantu bitwaje intwaro ku cyumweru ubwo yari avuye gusenga.
Umugore we, Nicaise Danielle Sayo yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP , ati” Umugabo wanjye yashimuswe mu gitondo cyo kuri iki cyumweru saa tatu za mu gitondo ubwo twari tuvuye gusenga. Bari bitwaje intwaro bari mu modoka zidafite pulaki(plaque)”

Umwe mu bagize umuryango wa Minisitiri Sayo yavuze ko ubwo bavaga gusenga ahitwa Galabadja imodoka ebyiri zabatangiye.
Ati” Abantu bane bari muri izo modoka barashe mu kirere Minisitiri arababaza ati “habaye iki” bamutegetse kuzamuka muri imwe mu modoka basaka iyo yari ari mo batwara isakoshi y’umugore ubundi baragenda.”
Armel Ningatoloum Sayo yari ayoboye umutwe w’abatavuga rumwe na Leta witwa MRJ wo mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bwa Centrafrique. 
Yinjiye muri guverinoma y’icyo gihugu nyuma y’amasezerano yashoje imvururu ku ya 23 umwaka ushize 2014.

Ni bwo bwa mbere umwe mu bagize guverinoma ashimuswe muri Centrafrique, nta mutwe urigamba kuba wamushimuse ariko muri iyi minsi hari benshi bari kuburirwa irengero muri icyo gihugu.
Minisitiri Sayo aburiwe irengero nyuma y’umukozi w’Umufaransa n’umukozi w’Ingabo za Loni ziri mu Bikorwa byo Kugarura amahoro muri icyo Gihugu, MINUSCA washimuswe n’umutwe wa Anti- Balaka ku wa kabiri w’icyumweru gishize ariko nyuma akaza kurekurwa.

Friday, 23 January 2015

ABAKURU BIBI HUGU BEMEZAKO NTA MWUKA MUBI BAFITANYE

JPEG - 30 kb
kagame presidant wurwanda na Jacob zuma wa south africa baremeza ko ntakibazo bafitanye muri diplomacy zibihugu ,,ibi bikaba byanyuze kuri television CNBC africa  mbbere yinama yibihugu  mukwiga  ubukungu bwisi yabereye  Idavos mubu swiss 

 kagame ati ibyaba ye nti byari bikwiye kuba kandi nti byari bikwiyeko haba mubyukuri, umwuka mubi na africa yepfo , umwuka mubi wako mejwe ni tangaza makuru ahanini , ariko dukomeje ibiganiro uwo ni Kagame ,

Zuma nawe ati ahashize hari nyuma yi bihugu byombi kurubu ibihugu byombi  bikaba biri munzira nziza biri kuganira munzira nziza 

abakuru bibihugu byombi bavugako bagiye bahura bombi mumu hezo hagabanuka umwuka mubi kubihugu byombi , ubundi umwuka mubi ukaba waratangiye umwaka 2010 mugihe kayumba nyamwasa yaraswaga , ndetse hakaza kwirukanwa aba shizwe za embassy zibihugu ,kuri buri gihugu,aho kwa jakob zuma babishijaga urwanda , urwanda rukabihakana byivuye inyuma ,

urwanda na rwo rugashija afurika ye pfo gu fasha inyeshamba za FDLR ZIBARIZWA MURI CONGO KINSHASA,

INVURURU ZAHITANYE 40 LETA YEMERA 11 CONGO KINSHASA

Imyigaragambyo i Knshasa
ku munsi wakane  imyigaraga byo yarakomeje aho yafashe no mugace kiburasira zuba mu mugi wagoma aho imyigara gabyo yabaye police ikarasa kuri bamwe bitabiriye iyo myigara gabyo, ariko kuri uyu wagatanu mu mugi wa kinsha hakaba habonetse agahenge (ituze) ariko kumunsi wejo haskaba haraba ye umutekano muke aho abaturagee buzuye mu mihanda bafunga inzira nyishi , ndetse bakana twika bimwe mubikoresho byigihugu byoguhungabanya umu tekano .
Abigaraga bya baramagana ihinduka ryitegeko  rya matora yumukuru wihugu ,bavugako basabako habanza gukora ibarura rya baturage bigihugu.

Ibirontangaza makuru biravugako byibura abanyeshuri 2 bahakomerekeye (AFP) ikinyamakuru cya ba faransa,
Amashaka atavugarumwe na Leta ya congo aravugako ihinduka ryitegeko  arimpanvu yogutinza Kabila Joseph kubutegetsi, 
 Umuukuru widini ya catholique aratangazako ashigikiye abigaraga bya akaba yabitangaje ku munsi wejo Caldinal Lorent MONSENGWO . Yasabye Leta kutica abaturage ndetse naba kora iyo myigaragabyo kuyi kora mumahoro. imiryango iharanira uburengazira bwamuntu ivugako hamaze gupfa abagera kuri mirongo ine40 ,

Leta ya congo yo ivugako abantu 11 ko aribo bamaze kuyi gwamo gusa, atikandi aba pfuye basahuraga imitungo yabandi baturage , amashaka atavugarumwe na Leta avugako iryo tegeko rigamije gutinza umukuru wigi hugu Joseph Kabila kubutegetsi kandi manda yiwe izarangira umwaka utaha, basabako yatanga ubutegetsi.

Tuesday, 20 January 2015

KINSHASA IMYIGARAGABYO YATUMYE HABAFUNGA IMIRONGO YATELE PHONE NA INTERNET


Ikinshasahongeye ku ba imyigara gabyo ikomeye ya riri mo abana fuzi beshi aho bafunze ibara bara bana twika ama pine meshi kumuhanda werekeza kuri kami nuza nkuru yigihugu ,

impanvu itera imyigara ga byo ngo nuko hari abadepite bahinduye itegekop ishinga bikazatuma  kabila joseph yongera kwiya mamaza ,bakaba bakoze ibi mandeyi we yakabiri itara rangira 

ku bera ibyo bibazo byinvururu byatu mye muri kinshasa abategetsi bahagarika amatelephe numurongo wa internet ,

 abigaraga bya nti basha ka ko  kabila yakongererwa manda yaga tatu 

UGANDA ABAGORE BAKOMEJWE KWICWA NABA GABO BABO BAZIRA IMITUNGO

Mugihugu cyu bugande  mugace ka Otuke muri paruwase ya Oluru hari gukorwa iperereza na police yicyo gihugu kuru pfu rwomugore wari utwite inda aho bivugwako yishwe numu gabo wiwe amwi cyishije icyuma amusogose.

Mu bi maze gutangazwa nuko uyu mugore nyakwigendera  hokelo warufite imyaka 45yamavuko akabakandi yarafite abana umu nani (8) yabyara nye nu mugabo we ari naweushijwakuba yamwivuganye akoresheje imbugita.yomu bwoko bwa(sikuzagiza) nkuko bi tangazwa muki nya makuru rya Redpapper  ikinyama kuru gikorera muri uganda,umuturanyi wanyakwi gende ra Bosco Odyek ogwang .yatangajeko aba batura nyi bahoraga barwana ba pfa imitungo ahanini uko moka mubuhinzi bakoraga.

Umuvugizi wa police muri ako gace yatangaje ko munda yumudamu bakuyemo umwana warumaze amezi umunani akaba yari umu kobwa,  wapfanye nanyina. atariko kugezanubu umugabo ntabwo araboneka ngo ashikirizwe  ubutabera nkuko bikekwa ko ariwe wahitanye umugorewiwe.

Mugihugu cyubu gande hakomeje kwiyongera ipfu zaba shakanye ku bwishi cane cane muri ako gace .bikaba biterwa ahanini no ku nywa ibi yo bya bwenge bihaba .ni bikorwa byurugomo ,ugasagakandi harimo namakimbirane yumutungo ukoreshwa nabi mu ri ako gace; umwaka ushize kandi muri ikigihugu hagaragaye abandi bagore babiri ba pfuye bazize imitungo,

KAGAME TI KUBA ZARANGIZA MANDA 2017 NTIBIMBUZA GUSINZIRA NAMBA.

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame aremeza ko kuba azasoza manda ya kabiri mu 2017 bitari mu bimuhangayikishije iki gihe, kuko agihanganye n’ibindi bibazo byihutirwa bibangamiye u Rwanda.
Ibi perezida Kagame yabivuze mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri Village Urugwiro kuwa 15/01/2015.
Asubiza umwe mu banyamakuru wari umubajije kugira icyo avuga ku kuba azasoza manda ye ya kabiri mu 2017, Perezida Kagame yagize ati “Ibyo gusoza manda icyo gihe ntabwo biri mu bimbuza gusinzira rwose. Hari ibindi bifitiye Abanyarwanda akamaro kandi nibyo dushyize imbere“.
Muri iki kiganiro perezida Kagame yavuze ko muri iyi myaka ishize Abanyarwanda ubwabo biboneye intambwe y’iterambere bagezeho bakaba kandi bafite inyota yo gutera imbere kurushaho umunsi ku wundi ari nabyo bibashishikaje cyane, ngo ibya nyuma ya 2017 Abanyarwanda ubwabo bazabifataho umwanzuro ubabereye.
Muri iki kiganiro n’abanyamakuru kandi Perezida Kagame yavuze ku ngingo zitandukanye anasubiza ibibazo abanyamakuru bagiye bamubazaho birimo icy’umutwe wa FDLR wahawe igihe ntarengwa cyo gushyira intwaro hasi ntubikore, ariko ubu amahanga akaba asa n’ataritegura kuwambura intwaro ku ngufu nk’uko byari byemejwe.
Perezida w’u Rwanda yavuze kandi ku bayobozi baherutse kwegura ndetse n’abagiye begura mu bihe byashize, ku mabuye y’agaciro menshi ari mu Rwanda benshi baba batazi, iterambere ry’imikino mu Rwanda cyane umupira w’Amaguru, n’ibindi binyuranye.

IHINDUKA RYITEGEKO SHINGA RYABA ARIRYO RYATEJE AKADURU VAYO IKINSHASA

Image result for joseph kabila
Nyuma yaho hongewe utorwa itege ko rye meyrera umu ukuru wigi hugu ca congo kongera kwiyama maza rikaba ryongera no kwemera ko byahindurwa akazi yamamaza mu mwaka 2o17 kurubu byateje umu tekano utari mwiza mu mugi waki Nshasa  aho bamwe bata vugarumwe bako meje imyigaragabyo kumunsi wejo iyo myiga raga byo ikaba yara hitanye mo umu Police umwe  .ibi bikaba biteza umwuka utari mwiza ndetse no muri bamwe baba tegetsi ba congo .hakaba haraguiyemo na bantu beshi bigaraga byaga  .

Mwitora itege ko ryeme rera umukuru wigihugu ko ngera kwi yama maza hakaba aba depute 33 bara byemeje 8 bara ryanga 24 barifata 

aba reba neza inzira Kabila arimo bavugako ntaho itanduka niye ni ya MOBUTU  nkuko ntashaka kuva kubutegetsi binyu ze muzi ra yamahoro ,ibi bikaba bitangazwa niki nyama kuru Africa time  gisese bngura ibijyanye na politic yakarere ka Africa aho bagenda bareba imikorere yagiye iranga bamwe muba yobozi batandukanye ba africa harimo nki bihugu bya Cote d'ivoire  uwahoze ari lorent bagbo aho yakoze bimwe byu buriganya akiyongeza indi myaka itanu yasoje imuguye nabi . bika ba bitanga zwa niki kinyamakuru ko kabila arikunyura muki rari cya mobutu ,muri gahunda yitegeko byari bitegani jwe ko kabila yari kugeza mu mwaka 2016 manda zemewe nitegeko nshiga zikarangira adahinduye itegeko .abandi abaka yobora. ariko mu bigaragara namakenga kubantu bose.

joseph Kabila yageze kubutegetsi mu 2001 abu simbuye yeho se umubyara warumaze gupfa arashwe aho yaramaze imyaka ine kubute getsi gusa ,.aba ba amaze gutorwa muri manda zibiri iyambere ikaba yarato we mu mwaka 2006 iyindi mu mwaka 2011 , ariko tu bi butseko kabia joseph atigeze amaraho inyenshamba nindi mitwe yose irenga nya uburengazira bwamuntu muri congo yakoze byishi ariko akarengane mubantu kara cyarikose,

UKURI KU GUTANDUKANA KUMU HANZI Aline GAHONGAYIRE NU MUGABOWE GABRIEL


 “Yari yambwiye ko azangiriza izina ryanjye” - Gahongayire, 
-  Nari mfite ubutumwa Gahima ambwira ati “Aline nzangiza izina ryawe”
-  Amakuru umunyamakuru yatangaje yayabwiwe n’umugabo wanjye
-  Nyuma y’amezi nk’atatu bakoze ubukwe, umunyamakuru yigeze kwandika ibihuha ko batandukanye
-  Gahongayire ati “Isi itesha umutwe, ariko Imana ntabwo itesha umutwe, nta kibabaje nko gupfusha umwana”
-  Umwe mu banyamakuru avuga ko uku gutandukana kwabo gusiga isura mbi abahanzi


-  “Ndacyamwita umugabo wanjye, kuko turacyafitanye isezerano”

Inkuru y’ugutandukana kwa Aline Gahongayire n’umugabo we yagiye ivugwa mu buryo buteye urujijo, bamwe ntibabashe kuyiyumvisha neza, ariko Gahongayire we yivugiye ko “umugabo we ari we ubwe wayitangarije itangazamakuru.”

Kuva aho hatangiye gutangazwa amakuru y’uko ko 
Gahima yavuguruje ibyatangajwe, ko ngo byari ibihuha n’ukwibeshya kw’abanyamakuru, Gahongayire we yemeje ko “amakuru umunyamakuru yatangaje atari ayo yihimbiye”, ahubwo ko “umugabo we ari we woherereje ubutumwa bugufi umunyamakuru wabitangaje bwa mbere”.
Gahongayire avuga ko ibi byose mbere y’uko biba umugabo we Gahima Gabriel yaherukaga kumwoherereza ubutumwa bugufi bugira buti “Nzangiza izina ryawe ku buryo Isi yose izajya ikugaya.”
Mu kiganiro yagiranye na IGIHE umunyamakuru watangaje bwa mbere iyi nkuru yagize ati “Umugabo ni we wabinyibwiriye ati ‘nagiye kuri Facebook, nandika ko twatandukanye.’”
Nyuma y’aho ariko haje kugaragara inkuru zavugaga ko Gahima yatangaje ati “Ibyinshi byagiye bitangazwa kuri twe byagiye bivuganwa ukwibeshya” ashimangira ko habayeho ikosa ku banyamakuru babitangaje bwa mbere.
Agendeye ku kuba nyuma y’amezi hafi atatu ashyingiranywe na Gahima hahwihwishijwe ko batandukanye, ariko ababitangaje baza kuvuga ko byari ibihuha ko hari abandi bantu bari babibatumye, Aline Gahongayire avuga ko atazi neza ikibyihishe inyuma nanone.

Agira ati “Icyamuteye(Gaby) nanjye sinzi icyo ari cyo”. Akongeraho ati “Byanyituyeho ariko ndizera ko aho Gaby ari ari kwicuza, kandi byatumye nsobanukirwa n’uwo ndiwe.”
Mu Nzeri Gahongayire yabyariye mu bitaro bya La Croix du Sud umwana w’umukobwa ariko ahita apfa, iki kikaba ari kimwe mu bikomere avuga ko n’ubu acyumva ku mutima.
Agira ati “Ndacyari wa wundi kandi mbereyeho kuguhesha umugisha, ko napfushije umwana, hari ikibabaje nko gupfusha imfura? Ikindi cyambabaza ni igiki? Ndi umunyamugisha kuko nkiriho. Nta kintu na kimwe gishobora gukuraho umunezero wanjye.”

Nyuma y’ibi byose Gahongayire avuga ko kugeza n’ubu umugabo we yafunze telefone atakibasha kuboneka ngo baganire neza ku by’iki kibazo, ariko ko akimufata nk’umugabo we kuko batatandukanye, nk’uko uyu mugabo we yari yabitangaje.

Monday, 19 January 2015

CRISTIANO RONALDO YATADUKANYE NUMUFASHAWE BAMARANYE IMYAKA ITANU MURUKUNDO


Umukinnyi wa Real Madrid ,Cristiano Ronaldo n’umukunzi we Irina Shayk batandukanye nyuma y’imyaka igera kuri itanu bari bamaze bakundana.
Nyuma gato y’uko Cristiano yahawe Ballon d’Or nk’umukinnyi wahize abandi ku Isi muri ruhago, bayatangiye guhwihwiswa ko yatandukanye n’umukunzi we gusa yanga kugira icyo abivugaho. Kuri iki Cyumweru nibwo Ikinyamakuru US Weekly cyaganiriye n’umwe mu bareberera inyungu za Irina Shayk yemeza ko aba bombi batakiri kumwe.
Umunya-Portugal Cristiano w’imyaka 29 n’Umurusiyakazi Irina Shayk na we w’imyaka 29 ngo batandukanye ku mpamvu zidafite aho zihuriye n’imiryango yabo nk’uko bimwe mu binyamakuru biri kubitangaza.
Uyu muntu wa hafi ya Irina Shayk yagize ati “Turabamenyesha ko Irina Shayk yatandukanye na Cristiano Ronaldo nyuma y’imyaka itanu yari ishize bakundana. Yari afitanye umubano mwiza n’umuryango wa Cristiano. Ibivugwa ko Irina n’umuryango wa Cristiano bari babanye nabi ntabwo ari ukuri. Ntabwo batandukanye kubera ibibazo byo mu miryango.”

Haba Cristiano n’uyu munyamideli, ntibaragira icyo batangaza kuri uku gutandukana kwabo gusa inshuti zabo za hafi zemeza ko iby’urukundo rwabo byatangiye.
Mu mezi ashize nibwo umubano wa Cristiano na Irina Shayk watangiye gucika integer. Mukwezi kwa karindwi yitabiriye ibirori byo kumurika filime yitwa ‘Hercules’, imwe mu zo umukunzi we yari aherutse gukinamo zikanakundwa cyane.
Iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani, aba bombi ntibayisangiye nk’uko byagendaga mu myaka yashize.
Mu birori byo gutanga Ballon d’Or biherutse kubera i Zurich mu Busuwisi ku itariki ya 12 zukwambere  ntiyari yaherekeje Cristiano nk’uko byagiye bigenda mu myaka yashize. Mu birori byo kwishimira uyu mupira yegukanye ku nshuro ya gatatu, Cristiano yari kumwe n’abo mu muryango we ndetse Irina nabwo ntiyabigaragayemo.
Irina na Cristiano batangiye gukundana mu mwaka wa 2010 nyuma yo guhurira mu gikorwa cyo kwamamaza.
Uyu mukinnyi wa Real Madrid atwaye Ballon d’Or ku nshuro ya gatatu akaba yaranikiye bagenzi be Manuel Neuer na Lionel Messi bari bahanganye.

Cristiano Ronaldo yatwaye Ballon D’Or bwa mbere ubwo yakiniraga Manchester United mu mwaka wa 2008, yongera kuyisubiza muri 2013 ari muri Real Madrid, mbere yo gutwara iy’uyu mwaka ushize wa 2014. Ronaldo aracyari inyuma ya Lionel Messi we watwaye iki gihembo inshuro enye.

UMUHANZI WA UGANDA EDDY KENZO NA AKON

Umuhanzi Aliaune Badara Thiam wamamaye mu muziki ku izina rya Akon yishimiye guhura na Eddy Kenzo wo muri Uganda ndetse anamubwira ko amaze gutera intambwe ishimishije mu muziki anamusaba gukora iyo bwabaga akarushaho gutera imbere.
Nk’uko Big Eye yabitangaje, aba bahanzi bombi bahuriye mu birori Eddy Kenzo yaririmbyemo hatangizwa imikino y’igikombe cya Afurika (AFCON) iri kubera muri Guinea Equatorial.
eddy kz
akon 
Umunyamerika ukomoka muri Senegal, Akon na Kenzo wo muri Uganda bahuye tariki 17 zukwambere e bombi bishimiye guhura banungurana ibitekerezo ku muziki.
Akon yabwiye Eddy Kenzo ko ari ikintu gikomeye guhura na we ndetse ngo ni umwe mu bakunzi be ku bw’indirimbo ‘Sitya Loss’ anakunda ku buryo bukomeye.
Eddy Kenzo yabwiye iki kinyamakuru ko Akon yamuhaye ubutumwa bugira buti, “Iyo ndirimbo narayikunze ndetse nkunda n’imbyino za bariya bana, ubambwirire ko bafite impano kandi ko nabyishimiye”.
Akon ufite inzu ituganya umuziki ya Konvict Muzik biravugwa ko hari imishinga agiye gukorana na Eddy Kenzo mu minsi ya vuba. Akon nakorana indirimbo na Eddy Kenzo azaba yiyongeye ku bandi Banyafurika barimo P Square, Davido, D’Banj n’abandi.

BATATU BATWITWSE ARI BAZIMA MUBUHINDE (INDIA)

Guverinoma y’u Buhinde yatangaje ko ko Abayisiramu batatu batwitswe ari bazima bagakongoka bazira urupfu rw’umuhungu wo mu idini y’abahindu wo mu gace k’abo Bayisiramu .
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu mu Buhinde yavuze ko umusore w’Umuhindu wakundanaga n’umusilamu kazi yaburiwe irengero akaza kuboneka yapfuye mu gace gatuwe n’Abayisiramu ,abo mu idini ry’abahindu bagahita bashinja urwo rupfu Abayisiramu.
Imirambo itatu y’abayisilamu yasanzwe mu nzu zatwitswe n’Abahindu barakaye.

Polisi ivuga ko umwiryane ukiri wose hagati y’Abahindu n’abayisiramu bo muri ako gace. Abahindu bagize 80% by’abatuye u Buhinde mu gihe Abayisilamu ari 13% .

NYUMA YO KURASWA BIKOMEYE NIGABO ZIGIHUGU NABO BIHOREYE MUBATURAGE MURI CAMEROUN

boko-haram-image-AFP-650
Mugihugu cya camerou nyuma yo kuraswa bikomeye ninga bozigihugu boko haram kurubu yashimuse bana nabagore beshi 
 Leta ya kameruni iravugako izonyeshamba zumu twae wa boko-haram zikabaziko moka muri Nigeriya  aho zavuye nabwo zikoze amaroregwa akomeye arimo kwica no kwagiza uburengazira bwiki re mwa muntu.kurubu zikaba zageze muduce tubiri twa cameroun twa Mokolo izonyeshamba zatwaye abana beshi abagore ndetse nabagabo ,kurubu bikaba bivugwako ubwo baba rundanyaga hamwe hahise hagwamo abantu bane4 ,mini stre wakameroun wu bu banyi namahanga yatangajeko ,batwaye abantu hagati ya mirongo itatu ndetse na mirongo ine ,bakaba baratwitse namazu agera kuri mirongo inani  itangaza makuru rya lagos rikomeje rivugako Boko Haram ikomeje guteza umwuka mubi mukarere.

IMISI IBIRI TUYI HURIJE HAMWE BURI MWAKA BYATUGIRIRA AKAMARO GAKOMEYE

Uko iminsi igenda yicuma niko abanyamurenge bagenda batera imbere ,urebye nigihe cyashize, abanyamurenge iterambere ry'Ihuse cyane duhereye 1996 ,ukaza ukageza kuri uyumunsi ,bakoze byishi bikomeye biga ragara, mumaso ya bantu ndetse no kurwego mpuza mahanga ,harimo nko kwiga mu mahanga abantu nyamwishi Kwiteza imbere mubi korwabi ta ndukanye harimo nki byu buhinzi nu bwo rozi ,nokuzamura akarere baturutsemo kubaka amahotel ,ku bona Izone Radio Minembwe, ibintu bijyanye nitumanaho harimo na matele phone ,,,,, ,amashuri yazakaminuza nibindi bitandukanye.,nko kubona abanyamurenge mu nzego zigihugu zohejuru mubu tegetsi ,ibi bibaye mumyaka  ishize itarenze mirongo ibirinimisago(22),  tukaba tubishimira Imana  ntawa bigaya pee nuwagaya yaba ari indashimna.

Ibibyose byakozwe na maboko yanyu nu bumwe mufite nurukundo nuburere mwahawe nababyeyi nubwubahane bubaranga ,
**** ariko, muribyo byose hari ababiguyemo batagira ingano.bazira izina ry'Umunyamurenge,
twasabako muri byishi bibaranga ko haba nibi .nubwo tuziko mu bitekereza mwese ndoreko abanyamurenge muri injijuke kurwego rushimishije mirongo 90% zuru byiruko mwasoma.

1)  Mugihe hasigaye amezi Arindwi (7) tukibuka ,Intwarizose zishwe Muriyimyaka ishize yose, tugendeye kuri gahunda yabaguye ,MUGATUMBA baguye mugihugu cyuburundi Bishwe na AGATORWASA, nawe iki cyindegebya muri ikigihugu cyuburundi , 

2)  Twakwisa bira abanyamurenge banshizwe gutegura ibiriyo bya banyamurenge muri rusange baguye mugatumba, guhunza nabandi bose kwisi,
 tukagira umusi umwe duhuriyeho wokwibuka acubose mwizina UMUNYAMURENGE,haba mugatumba, Mwoba, Bubembe, Minembwe ,Indodo, Mibunda .nahandi hata ndukanye bose tuka bibukira rimwe umusi umwe isaa imwe.

3)  Tugasaba kandiko haba umunsi umwe wo kwibuka intwari zabasoda Nabandi baguye kurugamba, nabwo ukaba umunsi umwe duhu riyeho twese, tukagira iminsi ibiri (2)mumwaka .yokwibuka abacu bose , byadufasha muri byishi   

Murakoze murakabyara ,mukagira amahoro abemurimwe  ndabakunda mwese!!  

Saturday, 17 January 2015

RDC: Umutwe witwaje intwaro wagabye igitero kuri MONUSCO

Ingabo za Loni ziri mu bikorwa byo kugarura amahoro ““muri”” Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, MONUSCO zatewe n’umutwe witwaje intwaro wa FRPI ziwikiza zifatanyije n’iz’icyo gihugu FARDC.
Umuvugizi wa MONUSCO mu bya gisirikare Felix Basse yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza ko abo barwanyi bitwaje intwaro b’Umutwe wo mu gace ka Ituri urwanya Leta ya Congo bateye ibirindiro bya MONUSCO biri ahitwa Gety.
Basse yavuze ko abasirikare ba Congo bafashe babiri mu bagabye icyo gitero abandi bagakwira imishwaro.

Ibiganiro hagati ya Leta ya Congo byarananiranye nyuma y’uko umukuru wa FRPI Cobra Matata afashwe n’ingabo z’icyo gihugu ku ya 5 Mutarama mu mujyi wa Bunia.
Umutwe w a FRPI washinzwe mu 2002, urwanya Leta ya Congo, ubarirwa mu iteye inkeke mu Burasirazuba bw’icyo gihugu.

Tuesday, 13 January 2015

GUTANDUKANA HAGATI Aline GAHONGAILE NUMUFASHA WE Gabriel MUGABO

Gahima Gabriel umugabo wa Aline Gahongayire, aremeza ko bamaze gutandukana ndetse atagishaka kongera kubana na we , umugore agahamya ko ibyo mugenzi atangaza atazi aho yabivanye ngo kuko ‘Gatanya’ ibaho binyuze mu mategeko.
Mu kiganiro Gahongayire yagiranye na nitangaza makuru, yavuze ko afite agahinda ku bw’uko uyu mugabo we Gahima yajyanye mu itangazamakuru amakuru we atazi impamvu yayo ndetse akavuga ko abantu bumva inkuru yo gutandukana kwabo bakwiye gukoresha ubwenge cyane.
Mu mvugo ivanzemo agahinda no guseka bitari iby’iby’ibyishimo, Aline Gahongayire yagize ati “Njyewe rero byandenze, gusa icyo nabwira abantu ni kimwe kandi na bo bakoreshe ubwenge mbere yo kubyemera. Ese abantu bararyama bugacya bakoze divorce?”
Akomeza agira ati “Ntabwo Divorce ari ikintu gipfa kuza ngo cyiture aho ngaho. Ntabwo biza nk’impanuka, ni ibintu bica mu mategeko, hakabaho process(inzira) yo kubisaba hanyuma bikazashyirwa mu bikorwa”
Abajijwe icyo akeka cyaba kiri gutera umugabo we kubwira itangazamakuru ko batandukanye nyamara we avuga ko bakiri kumwe, Gahongayire yavuze ko atazi impamvu yabimuteye gusa asaba ababyumva kubyitondera mu kugira byinshi babivugaho.
Yagize ati “Na we nubwo tuziranye ubu sinzi icyo uri gutekereza kuri Gahongayire. Umuntu murabana ntabwo uba uzi icyo atekereza. Kandi, nta zibana zidakomanya amahembe, byo ntabwo bibaho. Afite icyabimuteye mu mutima we gusa njye nditurije. Ndatuje rwose, abantu babana habamo utubazo ariko na none hari inzira binyuramo byose mu kubikemura”
Yongeyeho ati “Nibutse neza abantu ko Divorce itabaho gutyo gusa, ntabwo muryama ngo mukanguke divorce yabaye. Binyura mu mategeko”
Nubwo Gahongayire we avuga ko iyi ‘gatanya’ umugabo we yatangaje atayizi ndetse bakaba batarajya mu mategeko kubisaba ngo bemererwe gutandukana koko, umugabo we Gahima Gabriel ashimangira ko ibyabo byarangiye.
Yagize ati “Byarangiye, ntabwo nkiri kumwe na we. Nzaza mu Rwanda nyine gukora ibisabwa ngo ntandukane na we.”
Ku itariki ya 20 mukwacumi nakabiri  2013 nibwo Aline Gahongayire yasezeranye n’umugabo we Gahima Gabriel, bakoze ubukwe bw’igitangaza, barasezerana bameranywa kubana ubuziraherezo.
Nyuma y’umwaka umwe n’iminsi 23 nibwo basubiye mu itangazamakuru umwe avuga ko iby’urukundo rwabo abona bitagishobotse bityo ashaka kwiberaho wenyine.
Ku itariki ya 6 ukwacyenda 2014 nibwo Gahongayire yibarutse umwana wa mbere yabyaranye na Gahima ahita apfa.

UMURYANGOWA[SADEC] wEMEYE KUMUGARAGARO KURWANYA INYESHAMBA ZA FDLR


Ibihugu byu muryango SADEC bye meye gahunda yo kwambura intwaro inye shamba za FDLR zikomo ka mugi hugu cy'Urwanda zi bari zwa mu mashamba yu bura sirazuba bwa congo 
nku bo byatanga jwe numwe mu banyamuryango akab'Ari numuyobozi mugihugu cyangola joaquim doespirito  yamenyesheje abakuru bibihugu biri muri uyu muryango ko [SADEC] ko inama yari kubera muri iki gihugu ko itakibaye  avugako iyi nama ku yikorera muriki gihugu byatuma imyiteguro yagi sirikare yo kujya kuvanaho izinyeshamba byari gituma imyi teguro itagenda neza 

Umuryango mpuzamahanga wa ONU wari watangaje ko umutwe wa FDLR  kowa naniwe gushira intwaro hasi mugihe bari babahaye ngo babe barangije kubahiriza iyogahunda ,ariko FDLR yo  ntibikozwa
Mwiyingarishize nyakubahwa perezinda wa congo Joseph kabila yari yavuzeko biteguye neza kurwanya no kumaraho uyumutwe bivuye inyuma .

Saturday, 10 January 2015

INKURU DUKESHA IGIHE.COM ,ESEKOKO ABATURAGE BABAKURE MU TWABO NGO NI FDLR

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasabwe gutegura ahantu abasivili bagomba guhungira mbere yo gutangira ibikorwa by’intambara y’amasasu n’inyeshyamba z’umutwe wa FDLR.
Amakuru ava muri Congo avuga ko abaturage batangiye guhungira ahantu bahurira ari benshi mu rwego rwo kwirinda kugwa mu mirwano.
Akanama ka Loni kasabye ingabo za Loni ziri muri icyo gihugu, MONUSCO na FARDC ndetse n’umutwe w’ingabo zigizwe na Tanzania, Afurika y’Epfo na Malawi gukoresha ingufu za gisirikare mu kurandura FDLR.

Uyu mutwe wari wahawe tariki ya 2 zukwambere ngo ube warangije gushyira intwaro hasi ariko ntiwubahirije iyo tariki.
Umuyobozi wa FDLR, Gen. Maj. Byiringiro Victor yavuze ko ibyo kubarasaho bitabateye ubwoba anasaba kongererwa igihe cyo gushyira intwaro hasi ariko byatewe utwatsi.
Ihuriro ry’amashyirahamwe y’Iterambere no Gusana Imihanda muri Congo (ARDA) ryasabye Guverinoma kubanza kwereka abaturage aho bahungira mbere yo kurasa FDLR nk’uko tubikesha Radio Okapi.
Umuhuzabikorwa waryo Emile Muhombo yagize ati« Dukeneye ko abasivili berekwa ahantu bagomba kwakirirwa urugero nka Pinga. Gusana igice cya Pinga-Kalembe kugirango horohereze ibikorwa by’ubutabazi ndetse bakanafasha abaturage bashaka kwerekeza yo. »
Uyu muyobozi kandi yanasabye ko akandi gace abaturage bahungiramo ari ahitwa Mubi mu rwego rwo gufasha abasivili.
Andi makuru aravuga ko kuva itariki ntarengwa yagera kuri ubu umwuka mubi uri kurangwa ahitwa Usala, Utunda na Ikobo, muri Walikale.

Thursday, 8 January 2015

UKUNUGUCA AMARENGA INVUGO NIYONGIRO NI MUREBE BARASHAKA IKI!!!!!!!!!!!!!!!!

“FDLR ntiyakwamburwa intwaro n’abaziyihaye, byashobora u Rwanda gusa”

Kuva nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ikibazo cy’abarwanyi ba FDLR batera u Rwanda bakanabuza amahoro Akarere k’
ibiyaga bigari cyakomeje kuvugwa kenshi ariko ntikibonerwe umuti uhamye mu buryo burambye.
Mu gitekerezo cyanditswe n’Impuguke mu bya Politiki, Manzi Bakuramutsa, yagaragaje ukuri kwihishe inyuma yo kuba uyu mutwe udashobora gutsinsurwa n’abategerejweho ubu bushobozi, anerekana ko iki kibazo gikwiye kurekerwa u Rwanda kuko bamwe mu bavuga ko bashyigikiye irandurwa ry’uyu mutwe ari na bo bafite inyungu bawukuraho.


Ese koko FDLR yaba ishaka gutaha mu Rwanda? Yataha mu buhe buryo?

Umuzi n’imiterere bya FDLR
Umutwe wa FDLR ushibuka kuri Politiki y’u Bufaransa yafashije Lrta y’u Rwanda (kubwa ubuyobozi bwa Juvénal Habyariman) yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside, ndetse bukanaha intwaro ku basirikare bahungiye muri Zaire (yahindutse RDC) ihe yari ikiyobowe na Maréchal Mobutu Sese Seko Kuku Ngbendu Wa Za Banga.
Kuva kera, u Bufaransa bwahoze bwiteze ko Guverinoma y’u Rwanda yari igiyeho nyuma ya Jenoside itazaramba ikigarurirwa n’abo bwari bugikomeyeho kandi bunafasha.
Amarembera ya Mobutu na Zaire yahaye rugari Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yayobowe na Mzee Laurent Desiré Kabila n’umuhungu we Joseph Kabila, bombi bagiye bifashisha FDLR nk’imbaraga zo gucunga umutekano kuko igisirikare cya RDC cyabaga gifite intege nke kitanizewe mu guhangana n’indi mitwe yajyaga ivuka uko bukeye n’uko bwije, hirya no hino muri Congo-Kinshasa.
Abasirikare bakuru bo muri Congo babonye imbaraga za FDLR zanabafashaga mu bikorwa byo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe. Kubera ubushobozi uyu mutwe wari wongerewe byabaye ngombwa ko utangira kwigurira intwaro ndetse ukora n’imishinga ifatika mu mahanga, nk’amakompanyi atwara abagenzi n’andi menshi mu bihugu byo muri Afurika, hakaba n’imitungo yaguzwe na FDLR mu Burayi.
Ibihugu bifite amakompanyi y’uyu mutwe menshi muri Afurika bivugwaho kuba ari ibihuriye mu Muryango w’Ubukungu w’Ibihugu by’Afurika yo mu Majyepfo (SADC).
Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), inyeshyamba za FDLR ntiziri mu mishinga yagutse kandi yunguka gusa, ahubwo zinasangira byinshi n’abayobozi b’inzego z’ibanze bazahajwe na ruswa.
Ibi ni bimwe mu byatumye izi nyeshyamba ziba ubukombe ntizanakurikiranwa nubwo zishinjwa ibyaha ndengakamere n’ibyibasiye inyokomuntu, nk’ubwicanyi, gufata ku ngufu abagore n’abana, ubusahuzi n’ibindi.
Birumvikana ko muri RDC, abarwanyi ba FDLR ntibakorwaho; buri wese azi ububi bwayo, abaturage barayivuma ariko nta n’umwe wagira icyo akora.
Si Guverinoma ya RDC izambura intwaro uyu mutwe, mu gihe uyikorera rimwe na rimwe nk’abahashyi, ubundi ukifashishwa mu gucunga umutekano cyangwa se nk’abafatanyabikorwa mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro.
Loni imaze igihe yiruka inyuma ya FDLR
Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri RDC (MONUSCO) ntizigeze zakira itegeko ry’ubuyobozi bukuru bw’Umuryango w’abibumbye, cyangwa ubwa Leta ya RDC, bwo kugaba ibitero kuri uyu mutwe.
MONUSCO ikora nk’aho iri mu kiruhuko yafashe amahirwe yo gukora ubucuruzi na FDLR, igurana ibikoresho bya gisirkare n’amabuye y’agaciro.
Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’Umuryango w’Abibumbye (Loni), Hervé Ladsous wafashije guverinoma yakoze Jenoside ni na we wahagarariye u Bufaransa bwagiye bushyigikira FDLR mu bya dipolomasi; uyu ni na we wahagarariye u Bufaransa mu Kanama ka Loni Gashinzwe Umutekano ku Isi aho yagizwe umuyobozi w’ishami ry’ingabo zijya mu butumwa bw’amahoro.
Ku mbaraga zidasanzwe, uyu muyobozi w’ingabo za Loni yatanze ibishoboka byose ngo umutwe wa M23 urandurwe burundu, kandi ari umutwe waharaniraga ko uburenganzira bwakubahirizwa ku baturage warindaga. ]o[Mu gihe FDLR imaze imyaka irenga 20, ntashobora kuzamura urutoki rwe arutunga abakekwaho ibyaha by’igihe kirekire byatwaye ubuzima bw’abantu bikanangiza ubukungu bw’Akarere k’Ibiyaga Bigari.
Bityo, biragoye kwiringira ububasha bwa Loni n’abayobozi bayo mu kwambura intwaro FDLR.
Ibihugu bya SADC byaryohewe no gukorana na FDLR
Kuri ubu ibihugu bigize SADC byinjiye mu idosiye y’irandurwa rya FDLR. Igiteye amatsiko ni uko ibyinshi muri ibi bihugu byafashe intera ndende mu gukorana n’inyeshyamba. Bimwe muri byo byinjiye mu bucukuzi bw’amabue y’agaciro butemewe muri RDC aho bihurira na FDLR.
Ibi bihugu bigerageza gutera icyuhagiro uyu mutwe no gushora byinshi ngo umenyekane nk’uwemewe mu bya politiki. Mu gihe gishize abayobozi b’uyu mutwe bagize uruzinduko muri Tanzania aho bashobora kuba barahawe n’intwaro n’ubundi bufaha mu bya dipolomasi, nk’uko byavuzwe na Loni.
Bivugwa ko bamwe mu bayobozi bakuru ba Tanzania binjiye mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri RDC no mu bindi bikorwa bahuriramo na FDLR bakabifatanya. Ibi bisobanuye ko mu by’ukuri atari Tanzania yazakwifashishwa mu kurasa kuri uyu mutwe mu gihe ihora ishyigikiye ibikorwa birwanya Leta y’u Rwanda.
Na none kandi si Afurika y’Epfo iyoboye SADC; inama y’ikubagahu Jacob Zuma aheruka gutumiza ngo izaterane ku ya 15 na 16 Mutarama ifite intego yo gukerereza ishyirwa mu bikorwa no guhindura itariki ntarengwa yashyiriweho uyu mutwe ikaba yararangiye ntihagire igikorwa.

Abakorana bya hafi na perezida Zuma bashoye byinshi ku butaka bwa Congo. Birumvikana ko intumbero ya ba Perezida Zuma na Kikwete kuri FDLR n’uruhare bagira ari bimwe, cyane ko intego yabo ihuza cyane ku birebana n’u Rwanda.

Inzira nyayo yo kurandura uyu mutwe burundu ni ugufata no gufunga abayobozi bawo bakaryozwa ibyaha bya Jenoside. Nyamara, aba bayobozi bashakishwa n’ubutabera mpuzamahanga ndetse n’ubw’u Rwanda bemerewe kwidegembya mu bihugu bikomeye mu guharanira uburenganzira bwa muntu nk’u Butaliyani, u Budage, u Bufaransa, Espagne n’ibindi. “Baragenda bakagaruka ntacyo bishisha.”
Mbere, mu gihe cya Jenoside na nyuma yayo, aba bayobozi n’abayoboke babo bakomeje kubona ubufasha burututse i Vatican no mu Burayi, ndetse bagiye banabona ahandi henshi bakura inyungu muri Afurika.
Uru ruhererekene rw’ubushobozi babona bwabafashije kuzengurukana umutungo ufatika batibagiwe n’ubukangurambaga bwa politiki yabo y’urwango no gukwiza ingengabitekerezo ya Jenoside [...] Ibi byerekana ko hari ubufasha buhabwa FDLR buturutse mu witwa ko ari Umuryango Mpuzamahanga.
Bafasha FDLR mu kuyigarurira isura nshya
Ukuri kubabaje ni uko abarwanyi ba FDLR babona ubufasha bw’umubare runaka w’Abanyarwanda bagize uruhare muri Jenoside batagifite ibyo baramira. Aba bafitanye ubufatanye bukomeye n’abanyapolitiki b’Abafaransa ndetse n’ab’Ababiligi badashaka kwemera uruhare mu gufasha guverinoma yiyiciye abaturage.
Mu Burayi, bimwe mu bihugu byinshi byafashaga iterambere ry’u Rwanda byisanze bifasha abakoze Jenoside bitabanje gutekereza ku ngaruka bizagira; imiryango n’ibigo mpuzamahanga idaharanira inyungu byinshi nabyo biri muri aka gatebo.
Muri iyi miryango harimo umuryango w’Abasuwisi wagiraga inama ibiro bya Perezida Habyarimana mbere ya Jenoside, kaminuza z’Ababiligi n’iza Canada ugategura intiti z’u Rwanda zivugwaho ko zavuyemo izayoboye ibikorwa byinshi bya Jenoside. Uyu muryango ntushobora kwakira ko abantu watoje bahindutse inyamaswa z’ikinyejana cya 20.
Ku bijyanye n’amadini, hari abantu benshi bakoze ubwicanyi ariko bakomeje gukingirwa ikibaba kugira ngo hatangirika isura y’amadini bakoreye cyangwa bagikorera.
Muri make, u Rwanda ni no rwonyine rushobora gukoresha ubushobozi rufite mu gukemura ikibazo cya FDLR kuko nta kindi gihugu cyo mu karere cyangwa Umuryango Mpuzamahanga byagirirwa icyizere hagendewe ku bufatanye na FDLR bivugwaho … N’ingufu za gisirikare zonyine ntizihagije, diplolamsi n’ubabubanyi n’amahanga nabyo bifite umwanya wabyo muri uru rugamba.
Ikibazo gikomeye umuntu yakwibaza ni: Ese koko FDLR irashaka gutaha mu Rwanda?

UBWUNVIKANE BWOKURANDURA FDLR MURI CONGO

Ki-Moon yavuze ko biteye agahinda kuba FDLR yaratengushye amahanga ntishyire hasi intwaro ku gihe cyagenywe

Loni yatangaje ko Perezida Kabila yemereye Ki Moon ko ingabo z’igihugu cye (FARDC) zigiye gufatanya na Monusco kurwanya uwo mutwe.
Kabila yabwiye Ban Ki Moon ko vuba aha MONUSCO izashyira umukono ku masezerano atanga amategeko yo kurwana na FDLR na guverinoma ya Congo.
Tariki ya 6 ukwambere 2014, umuyobozi wa MONUSCO, Martin Kobler, yashimye ko FARDC na MONUSCO bafatanyije kurwanya umutwe w’Abarundi, FNL muri Kivu y’Amajyepfo.
Yavuze ko kurwanya FNL ikayitsinda ari ikimenyetso gikomeye cyo kurandura imitwe yose yitwaje intwaro irimo FDLR, yasabwe gushyira igaterera agati mu ryinyo.
Leta y’u Rwanda ivuga ko FDLR yitwaje igihe yahawe cyo gushyira intwaro hasi ngo yisuganye.
Abayobozi ba FDLR basabye ibiganiro na Leta y’u Rwanda ariko yo irabyanga ivuga ko itaganira n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

INTAGONDWA MUMUGI WA PARIS ZARASHE KUNZU YABANYAMAKURU BAMA RYOGO BICA 12

Intagondwa z'abayisilamu zigeze kwibasira Charlie Hebdo.
Mugihugu cyu bu faransaa ibyihebe biko meje gutabwa muri yombi,kurubu hakaba hamaze gufatwamo barindwi bari bafite uruhare mwiterabwoba ku binyamakuru ,ndetse ba kaba bafite naho bahuriye na bavandimwe babiri bateguye ibitero byahitanye abantu 2 bahitangwe ni bisasu kuru bu bakaba batarafatwa reta ikaba ikomeje ku bashakisha.

kuru abo bantu barindwi bafungi yeku biro bya police biri mu mugi wa Reims na charleville-merzielle ndetse no mu mugi waparis rwagati ,

abagabo bakomeje guhigwa ni gi police cyaba faransa bi twa  Cherif kouachi numuvukanyi we  Said kouach, amakuru avu gwa nuko aba bagabo bagifite intwaro ndetse ni bisasu byo kugiri ranabi igihugu ndetse nabene gihugu.bikaba bihangayikishije igi police aho bakomeje kubahigisha ubukana bwishi,

kuwaga tatu hara bantu batatu bambaye ibitu mumaso bipfutse barashe abantu munzu yitangaza makuru baharasa abanditsi bagera 12 barapfa. abandi batatu bara komereka bikomeye iki kinyamakuru bakoreye ayamahano ntaho gihuri ye na politics ahubwo cyandika inkuru zogusetsa ,

abantu batanu bahise basubira mu modoka barahunga ntawa bamenye nabuke nkk bahise biruka barabura.igipolice cyo kivugako abakoze ibi bikorwa bagiye kwijira mu modoka bavuga ngo ALAH AKBALU bivugango ni ntagodwa za ba islam