Tuesday, 25 November 2014

Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo Ndizeye Willy yeguye


muyobozi w’Akarere ka Gasabo, Ndizeye Willy, n’abari bamwungirije beguye ku mirimo yabo.
Amakuru agera kuri IGIHE ni uko kuri uyu mugoroba ari bwo ubwegure bwa Meya n’abo bari bamwungirije buza gushyikirizwa Inama Njyanama y’Akarere ka Gasabo.
Abari kuvugwa ko beguye hamwe na Meya ni Claude Munara wari Umuyobozi w’Akarere Wungirije wari ushinzwe Imari n’iterambere mu Bukungu n’Umuyobozi w’Akarere Wungirije wari ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage. Marie Louise Uwimana.
Turacyakurikirana iby’aya makuru yo kwegura kw’aba bayobozi. inkuru tura yikesha  igihe.com

IBI NI NKI GITUTSI KUBANYA MURENGE BOSE NISHUTIZABO BIRABA BAJE KABISA.


Pasteur Habimana wari wambaye bisanzwe ipantalo ya jeans n’ishati y’amaboko magufi aherekejwe n’abantu bagera mw’icumi biganjemo urubyiruko, yamaze amasaha hafi 2 imbere y’umucamanza wa parike.

N’umutuzo mwinshi nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Isanganiro ivuga, yatangaje ko yasobanuriye umucamanza ko akishimira ubudahangarwa bw’agateganyo yahawe n’amasezerano ya Dar es Salam mu rwego rwo kugera ku mahoro, umutekano n’umutuzo birambye mu Burundi yashyizweho umukono kuwa 18 Kamena 2006. Kuri ubu, aravuga ko 

nta gikorwa na kimwe cyangwa icyaha yasubiza kuko yari akiri mw’ishyamba.
Ubudahangarwa Pasteur Habimana n’abo bahoranye mw’ishyamba bafite ni ubw’agateganyo nk’uko bimeze muri ayo masezerano. Gusa, ibiri muri aya masezerano ntibiteganya igihe n’ukuntu buzavanwaho.
Pasteur Habimana
Ubwo hatangiraga gushyira mu bikorwa ihagarikwa ry’imirwano, abagize FNL Palipehutu bahawe ubudahangarwa bw’agateganyo. Byari biteganyijwe kandi ko habaho gufungura imfungwa za politiki n’imfungwa z’intambara nk’uko biteganywa n’ingingo ya 2 ku murongo wa mbere y’ayo masezerano ya Dar es Salam.
N’ubwo nawe ubwe yigeze kwemeza abinyujije mw’itangazamakuru ko ari Palipehutu FNL y’icyo gihe yagabye icyo gitero cyahitanye Abanyamulenge barenga 160, Pasteur Habimana kuri uyu wa mbere yatangaje ko Palipehutu FNL idakwiriye kuvangwa muri iyi dosiye, ariko yizeza ko azajya yitaba urukiko igihe cyose ahamagawe.
“N’ubwo nyifite ubudahangarwa nitabye. Palipehutu ntaho ihuriye n’ibyabaye mu Gatumba. Umucamanza yasigaranye kopi y’ayo masezerano ya Dar es Salam ngo ayasome yitonze abone amakuru ku budahangarwa mfite”uwo ni Pasteur Habimana.
Kuwa gatanu w’icyumweru gishize nibwo abahagarariye imiryango y’Abanyamulenge nabo bumvishwe na pariki kuri iki kibazo.

Perezida Benjamin Mkapa yahembewe ibikorwa yakoze mu myaka 10 yategetse Tanzaniya

Uwahoze ari umukuru w’ igihugu muri Tanzaniya, Benjamin William Mkapa yagenewe igihembo yahawe n’ abacuruzi n’ abandi bikorera muri Tanzaniya mu rwego rwo kumushimira ko yabafashije gutera imbere mu gihe cy’ ubutegetsi bwe hagati
Iki gihembo Perezida Mkapa akaba yaragihawe na Roundtable Tanzania mu mpera z’ icyumweru dushoje mu mujyi wa Dar Es Salaam, umurwa mukuru wa Tanzaniya. Perezida Mkapa akaba yarashimagijwe bikomeye ku byo yagejeje ku rwego rw’ abikorera muri iki gihugu. Mkapa kandi ngo mu gihe cy’ ubutegetsi bwe nta nzara zabaye, ibiciro byagumye hamwe ariko cyane cyane iby’ ibiribwa, byo bikenerwa n’ abantu benshi cyangwa bose.
Mkapa kandi yashimiwe ko yarinze ubukungu bwa Tanzaniya kurindimuka kuko ngo ikintu yakoze akigera ku butegetsi mu mwaka wa 1995 cyabaye gusubiza ubukungu mu buryo dore ko ngo icyo gihe ibiciro by’ ibicuruzwa byinshi byari hejuru cyane. Aba bacuruzi ariko n’ ubwo bashimagije Mzee Mkapa banaboneyeho gusaba Leta kubafasha kongera ingufu z’ amashanyarazi zikiri imbogamizi ku bikorera muri iki gihugu no mu karere ka Africa y’ Iburasirazuba.
Ngo ibi bishobotse byatuma iki gihugu kigira ubukungu buzamutse kuruta uko bimeze ubu cyane cyane ko intumbero y’ igihugu ari ukugera ku bushobozi bwo gutanga 10 000Mw mu mwaka muri 2020. Iki gihembo Mkapa akaba yarakigejejweho na Bwana Santina Benson umukuru w’ abacuruzi bikaba byarabereye imbere ya bamwe mu baministre n’ abadepite ba Tanzaniya.
Twibutse gusa ko Perezida Mkapa akomoka mu ishyaka rya Chama Cha Mapinduzi riri ku butegetsi muri Tanzaniya akaba yarategetse iki gihugu mu myaka 10 kuva mu 1995 kugeza mu 2005 ubwo yarangizaga manda ebyiri agasimburwa na Kikwete ukiyobora magin