Sunday, 25 January 2015

ABANYA FURIKA BABANGAMIWE NIHUTAZWA RYA BAZUNGU BASUBIRA KUMUGABANE WABO AKON

Aliaune Damala Bouga Time Bongo Puru Nacka Lu Lu Lu Badara Thiam uzwi nka Akon mu muziki yibukije Abanyamerika bakomoka ku Mugabane wa Afurika ko badakwiye kwinubira ihohoterwa bakorerwa bari ku 

butaka bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ngo kuko atari igihugu baremewe.
Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo ya Al Jazeera binyuze mu kiganiro Talk To Al Jazeera, uyu muhanzi umaze guhatana Grammy Awards inshuro eshanu yabajijwe icyo avuga ku ihohoterwa rikorerwa bamwe mu birabura ku Mugabane wa Amerika, atazuyaje avuga ko ababangamiwe n’amahamwe yashyizweho n’abazungu muri Amerika bakwiye gusubira iwabo muri Afurika aho bazabaho mu mudendezo.
Uyu muhanzi ufite inkomoko muri Senegal yavuze ko Umunyafurika wese utuye muri Amerika akaba adashimishijwe n’uko abayeho, ngo akwiye gusubira iwabo akarekera idembe Abanyamerika.
Yagize ati “Nibasubire mu rugo…nibasubire muri Afurika. Gahunda y’imibereho muri Amerika ntabwo yashyiriweho abirabura”
Yunzemo agira ati “Ntabwo nshaka kubavugira cyane, hari ubumenyi mfite bo bashobora kuba badafite kuko njye nabaye muri Afurika , ndayizi ndetse nanabaye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Muri njye nzi neza ko Afurika ariyo yagenewe Abanyafurika. Nuko rero, iyo mbonye Abanyamerika bakomoka muri Afurika bahura n’ibi bibazo, mpita nibaza ngo: Kuki badasubira iwabo…nibasubire muri Afurika”

Amagambo Akon yavugiye kuri Al Jazeera benshi mu birabura by’umwihariko Abanyamerika bakomoka muri Afurika ntibayishimiye na gato ndetse bafata Akon nk’umwirabura wiyibagije amateka bagenzi be banyuzemo nubwo we yavukiye muri Amerika.

Uyu muhanzi yatangiye umushinga ukomeye ku Mugabane wa Afurika aho akwirakwiza amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba binyuze mu mushinga yise ‘Lighting Africa’. Afite intego yo kuwugeza mu bihugu 46 bitarenze muri 2020.

YABURIWE IRENGERO ,YATWAWE NA BATAZWI MINISTRE WU MUCO NASPORT

Minisitiri w’Umuco na Siporo wa Repubulika ya Centrafrique, Armel Ningatoloum Sayo, yashimuswe n’abantu bitwaje intwaro ku cyumweru ubwo yari avuye gusenga.
Umugore we, Nicaise Danielle Sayo yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP , ati” Umugabo wanjye yashimuswe mu gitondo cyo kuri iki cyumweru saa tatu za mu gitondo ubwo twari tuvuye gusenga. Bari bitwaje intwaro bari mu modoka zidafite pulaki(plaque)”

Umwe mu bagize umuryango wa Minisitiri Sayo yavuze ko ubwo bavaga gusenga ahitwa Galabadja imodoka ebyiri zabatangiye.
Ati” Abantu bane bari muri izo modoka barashe mu kirere Minisitiri arababaza ati “habaye iki” bamutegetse kuzamuka muri imwe mu modoka basaka iyo yari ari mo batwara isakoshi y’umugore ubundi baragenda.”
Armel Ningatoloum Sayo yari ayoboye umutwe w’abatavuga rumwe na Leta witwa MRJ wo mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bwa Centrafrique. 
Yinjiye muri guverinoma y’icyo gihugu nyuma y’amasezerano yashoje imvururu ku ya 23 umwaka ushize 2014.

Ni bwo bwa mbere umwe mu bagize guverinoma ashimuswe muri Centrafrique, nta mutwe urigamba kuba wamushimuse ariko muri iyi minsi hari benshi bari kuburirwa irengero muri icyo gihugu.
Minisitiri Sayo aburiwe irengero nyuma y’umukozi w’Umufaransa n’umukozi w’Ingabo za Loni ziri mu Bikorwa byo Kugarura amahoro muri icyo Gihugu, MINUSCA washimuswe n’umutwe wa Anti- Balaka ku wa kabiri w’icyumweru gishize ariko nyuma akaza kurekurwa.