
Guverinoma
ya Afurika y’Epfo yatsinzwe urubanza yarezwemo n’Imiryango iharanira
uburenganzira bwa muntu, ishinjwa kunanirwa gukurikiza amategeko ngo ite
muri yombi Perezida wa Sudan Omar al-Bashir, ubwo yitabiraga inama
y’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika yabereye mu mujyi wa Johannesburg, muri
Kamena umwaka ushize.
Perezida Bashir w’imyaka 72,ushakishwa n’ Urukiko mpuzamahanga
mpanabyaha (ICC) akekwaho ibyaha byibasiye inyokomuntu, itsembatsemba,
ibyaha by’intambara n’ibyaha bya Jenoside.
Perezida Bashir yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi kuwa 4 Werurwe 2009.
Urukiko rukuru rwari rwaremeje ko guverinoma ya Afurika y’Epfo
yagombaga kumufata, ariko iza kujuririra Urukiko rw’ Ikirenga
rw’Ubujurire, ivuga ko Bashir yari afite ubudahangarwa nk’Umukuru
w’Igihugu.
Umuyobozi w’ikigo giharanira uburenganzira bwa muntu n’ikurikizwa
ry’amategeko muri Afurika y’Epfo, Kaajal Ramjathan-Keogh yabwiye BBC ko
bashimishijwe n’umwanzuro w’urukiko, ngo kuko Afurika y’Epfo itagomba
kuba ubuhungiro bw’abanyabyaha.
Ati “Guverinoma ya Afurika y’Epfo ikwiye kubahiriza amategeko aho
gukingira ikibaba abakurikiranyweho ibyaha by’intambara, kandi urukiko
rwabigaragaje uyu munsi.”
Nyuma yo kwanga guta muri yombi Bashir, bimwe mu bihugu bya Afurika
byashimye icyo cyemezo, ndetse byongera gushimangira umugambi wabyo wo
kwivana mu masezerano ashyiraho ICC, bakunze gushinja kwibasira
abayobozi bo muri Afurika gusa.
No comments:
Post a Comment