Monday, 19 January 2015

CRISTIANO RONALDO YATADUKANYE NUMUFASHAWE BAMARANYE IMYAKA ITANU MURUKUNDO


Umukinnyi wa Real Madrid ,Cristiano Ronaldo n’umukunzi we Irina Shayk batandukanye nyuma y’imyaka igera kuri itanu bari bamaze bakundana.
Nyuma gato y’uko Cristiano yahawe Ballon d’Or nk’umukinnyi wahize abandi ku Isi muri ruhago, bayatangiye guhwihwiswa ko yatandukanye n’umukunzi we gusa yanga kugira icyo abivugaho. Kuri iki Cyumweru nibwo Ikinyamakuru US Weekly cyaganiriye n’umwe mu bareberera inyungu za Irina Shayk yemeza ko aba bombi batakiri kumwe.
Umunya-Portugal Cristiano w’imyaka 29 n’Umurusiyakazi Irina Shayk na we w’imyaka 29 ngo batandukanye ku mpamvu zidafite aho zihuriye n’imiryango yabo nk’uko bimwe mu binyamakuru biri kubitangaza.
Uyu muntu wa hafi ya Irina Shayk yagize ati “Turabamenyesha ko Irina Shayk yatandukanye na Cristiano Ronaldo nyuma y’imyaka itanu yari ishize bakundana. Yari afitanye umubano mwiza n’umuryango wa Cristiano. Ibivugwa ko Irina n’umuryango wa Cristiano bari babanye nabi ntabwo ari ukuri. Ntabwo batandukanye kubera ibibazo byo mu miryango.”

Haba Cristiano n’uyu munyamideli, ntibaragira icyo batangaza kuri uku gutandukana kwabo gusa inshuti zabo za hafi zemeza ko iby’urukundo rwabo byatangiye.
Mu mezi ashize nibwo umubano wa Cristiano na Irina Shayk watangiye gucika integer. Mukwezi kwa karindwi yitabiriye ibirori byo kumurika filime yitwa ‘Hercules’, imwe mu zo umukunzi we yari aherutse gukinamo zikanakundwa cyane.
Iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani, aba bombi ntibayisangiye nk’uko byagendaga mu myaka yashize.
Mu birori byo gutanga Ballon d’Or biherutse kubera i Zurich mu Busuwisi ku itariki ya 12 zukwambere  ntiyari yaherekeje Cristiano nk’uko byagiye bigenda mu myaka yashize. Mu birori byo kwishimira uyu mupira yegukanye ku nshuro ya gatatu, Cristiano yari kumwe n’abo mu muryango we ndetse Irina nabwo ntiyabigaragayemo.
Irina na Cristiano batangiye gukundana mu mwaka wa 2010 nyuma yo guhurira mu gikorwa cyo kwamamaza.
Uyu mukinnyi wa Real Madrid atwaye Ballon d’Or ku nshuro ya gatatu akaba yaranikiye bagenzi be Manuel Neuer na Lionel Messi bari bahanganye.

Cristiano Ronaldo yatwaye Ballon D’Or bwa mbere ubwo yakiniraga Manchester United mu mwaka wa 2008, yongera kuyisubiza muri 2013 ari muri Real Madrid, mbere yo gutwara iy’uyu mwaka ushize wa 2014. Ronaldo aracyari inyuma ya Lionel Messi we watwaye iki gihembo inshuro enye.

UMUHANZI WA UGANDA EDDY KENZO NA AKON

Umuhanzi Aliaune Badara Thiam wamamaye mu muziki ku izina rya Akon yishimiye guhura na Eddy Kenzo wo muri Uganda ndetse anamubwira ko amaze gutera intambwe ishimishije mu muziki anamusaba gukora iyo bwabaga akarushaho gutera imbere.
Nk’uko Big Eye yabitangaje, aba bahanzi bombi bahuriye mu birori Eddy Kenzo yaririmbyemo hatangizwa imikino y’igikombe cya Afurika (AFCON) iri kubera muri Guinea Equatorial.
eddy kz
akon 
Umunyamerika ukomoka muri Senegal, Akon na Kenzo wo muri Uganda bahuye tariki 17 zukwambere e bombi bishimiye guhura banungurana ibitekerezo ku muziki.
Akon yabwiye Eddy Kenzo ko ari ikintu gikomeye guhura na we ndetse ngo ni umwe mu bakunzi be ku bw’indirimbo ‘Sitya Loss’ anakunda ku buryo bukomeye.
Eddy Kenzo yabwiye iki kinyamakuru ko Akon yamuhaye ubutumwa bugira buti, “Iyo ndirimbo narayikunze ndetse nkunda n’imbyino za bariya bana, ubambwirire ko bafite impano kandi ko nabyishimiye”.
Akon ufite inzu ituganya umuziki ya Konvict Muzik biravugwa ko hari imishinga agiye gukorana na Eddy Kenzo mu minsi ya vuba. Akon nakorana indirimbo na Eddy Kenzo azaba yiyongeye ku bandi Banyafurika barimo P Square, Davido, D’Banj n’abandi.

BATATU BATWITWSE ARI BAZIMA MUBUHINDE (INDIA)

Guverinoma y’u Buhinde yatangaje ko ko Abayisiramu batatu batwitswe ari bazima bagakongoka bazira urupfu rw’umuhungu wo mu idini y’abahindu wo mu gace k’abo Bayisiramu .
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu mu Buhinde yavuze ko umusore w’Umuhindu wakundanaga n’umusilamu kazi yaburiwe irengero akaza kuboneka yapfuye mu gace gatuwe n’Abayisiramu ,abo mu idini ry’abahindu bagahita bashinja urwo rupfu Abayisiramu.
Imirambo itatu y’abayisilamu yasanzwe mu nzu zatwitswe n’Abahindu barakaye.

Polisi ivuga ko umwiryane ukiri wose hagati y’Abahindu n’abayisiramu bo muri ako gace. Abahindu bagize 80% by’abatuye u Buhinde mu gihe Abayisilamu ari 13% .

NYUMA YO KURASWA BIKOMEYE NIGABO ZIGIHUGU NABO BIHOREYE MUBATURAGE MURI CAMEROUN

boko-haram-image-AFP-650
Mugihugu cya camerou nyuma yo kuraswa bikomeye ninga bozigihugu boko haram kurubu yashimuse bana nabagore beshi 
 Leta ya kameruni iravugako izonyeshamba zumu twae wa boko-haram zikabaziko moka muri Nigeriya  aho zavuye nabwo zikoze amaroregwa akomeye arimo kwica no kwagiza uburengazira bwiki re mwa muntu.kurubu zikaba zageze muduce tubiri twa cameroun twa Mokolo izonyeshamba zatwaye abana beshi abagore ndetse nabagabo ,kurubu bikaba bivugwako ubwo baba rundanyaga hamwe hahise hagwamo abantu bane4 ,mini stre wakameroun wu bu banyi namahanga yatangajeko ,batwaye abantu hagati ya mirongo itatu ndetse na mirongo ine ,bakaba baratwitse namazu agera kuri mirongo inani  itangaza makuru rya lagos rikomeje rivugako Boko Haram ikomeje guteza umwuka mubi mukarere.

IMISI IBIRI TUYI HURIJE HAMWE BURI MWAKA BYATUGIRIRA AKAMARO GAKOMEYE

Uko iminsi igenda yicuma niko abanyamurenge bagenda batera imbere ,urebye nigihe cyashize, abanyamurenge iterambere ry'Ihuse cyane duhereye 1996 ,ukaza ukageza kuri uyumunsi ,bakoze byishi bikomeye biga ragara, mumaso ya bantu ndetse no kurwego mpuza mahanga ,harimo nko kwiga mu mahanga abantu nyamwishi Kwiteza imbere mubi korwabi ta ndukanye harimo nki byu buhinzi nu bwo rozi ,nokuzamura akarere baturutsemo kubaka amahotel ,ku bona Izone Radio Minembwe, ibintu bijyanye nitumanaho harimo na matele phone ,,,,, ,amashuri yazakaminuza nibindi bitandukanye.,nko kubona abanyamurenge mu nzego zigihugu zohejuru mubu tegetsi ,ibi bibaye mumyaka  ishize itarenze mirongo ibirinimisago(22),  tukaba tubishimira Imana  ntawa bigaya pee nuwagaya yaba ari indashimna.

Ibibyose byakozwe na maboko yanyu nu bumwe mufite nurukundo nuburere mwahawe nababyeyi nubwubahane bubaranga ,
**** ariko, muribyo byose hari ababiguyemo batagira ingano.bazira izina ry'Umunyamurenge,
twasabako muri byishi bibaranga ko haba nibi .nubwo tuziko mu bitekereza mwese ndoreko abanyamurenge muri injijuke kurwego rushimishije mirongo 90% zuru byiruko mwasoma.

1)  Mugihe hasigaye amezi Arindwi (7) tukibuka ,Intwarizose zishwe Muriyimyaka ishize yose, tugendeye kuri gahunda yabaguye ,MUGATUMBA baguye mugihugu cyuburundi Bishwe na AGATORWASA, nawe iki cyindegebya muri ikigihugu cyuburundi , 

2)  Twakwisa bira abanyamurenge banshizwe gutegura ibiriyo bya banyamurenge muri rusange baguye mugatumba, guhunza nabandi bose kwisi,
 tukagira umusi umwe duhuriyeho wokwibuka acubose mwizina UMUNYAMURENGE,haba mugatumba, Mwoba, Bubembe, Minembwe ,Indodo, Mibunda .nahandi hata ndukanye bose tuka bibukira rimwe umusi umwe isaa imwe.

3)  Tugasaba kandiko haba umunsi umwe wo kwibuka intwari zabasoda Nabandi baguye kurugamba, nabwo ukaba umunsi umwe duhu riyeho twese, tukagira iminsi ibiri (2)mumwaka .yokwibuka abacu bose , byadufasha muri byishi   

Murakoze murakabyara ,mukagira amahoro abemurimwe  ndabakunda mwese!!  

Saturday, 17 January 2015

RDC: Umutwe witwaje intwaro wagabye igitero kuri MONUSCO

Ingabo za Loni ziri mu bikorwa byo kugarura amahoro ““muri”” Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, MONUSCO zatewe n’umutwe witwaje intwaro wa FRPI ziwikiza zifatanyije n’iz’icyo gihugu FARDC.
Umuvugizi wa MONUSCO mu bya gisirikare Felix Basse yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza ko abo barwanyi bitwaje intwaro b’Umutwe wo mu gace ka Ituri urwanya Leta ya Congo bateye ibirindiro bya MONUSCO biri ahitwa Gety.
Basse yavuze ko abasirikare ba Congo bafashe babiri mu bagabye icyo gitero abandi bagakwira imishwaro.

Ibiganiro hagati ya Leta ya Congo byarananiranye nyuma y’uko umukuru wa FRPI Cobra Matata afashwe n’ingabo z’icyo gihugu ku ya 5 Mutarama mu mujyi wa Bunia.
Umutwe w a FRPI washinzwe mu 2002, urwanya Leta ya Congo, ubarirwa mu iteye inkeke mu Burasirazuba bw’icyo gihugu.

Tuesday, 13 January 2015

GUTANDUKANA HAGATI Aline GAHONGAILE NUMUFASHA WE Gabriel MUGABO

Gahima Gabriel umugabo wa Aline Gahongayire, aremeza ko bamaze gutandukana ndetse atagishaka kongera kubana na we , umugore agahamya ko ibyo mugenzi atangaza atazi aho yabivanye ngo kuko ‘Gatanya’ ibaho binyuze mu mategeko.
Mu kiganiro Gahongayire yagiranye na nitangaza makuru, yavuze ko afite agahinda ku bw’uko uyu mugabo we Gahima yajyanye mu itangazamakuru amakuru we atazi impamvu yayo ndetse akavuga ko abantu bumva inkuru yo gutandukana kwabo bakwiye gukoresha ubwenge cyane.
Mu mvugo ivanzemo agahinda no guseka bitari iby’iby’ibyishimo, Aline Gahongayire yagize ati “Njyewe rero byandenze, gusa icyo nabwira abantu ni kimwe kandi na bo bakoreshe ubwenge mbere yo kubyemera. Ese abantu bararyama bugacya bakoze divorce?”
Akomeza agira ati “Ntabwo Divorce ari ikintu gipfa kuza ngo cyiture aho ngaho. Ntabwo biza nk’impanuka, ni ibintu bica mu mategeko, hakabaho process(inzira) yo kubisaba hanyuma bikazashyirwa mu bikorwa”
Abajijwe icyo akeka cyaba kiri gutera umugabo we kubwira itangazamakuru ko batandukanye nyamara we avuga ko bakiri kumwe, Gahongayire yavuze ko atazi impamvu yabimuteye gusa asaba ababyumva kubyitondera mu kugira byinshi babivugaho.
Yagize ati “Na we nubwo tuziranye ubu sinzi icyo uri gutekereza kuri Gahongayire. Umuntu murabana ntabwo uba uzi icyo atekereza. Kandi, nta zibana zidakomanya amahembe, byo ntabwo bibaho. Afite icyabimuteye mu mutima we gusa njye nditurije. Ndatuje rwose, abantu babana habamo utubazo ariko na none hari inzira binyuramo byose mu kubikemura”
Yongeyeho ati “Nibutse neza abantu ko Divorce itabaho gutyo gusa, ntabwo muryama ngo mukanguke divorce yabaye. Binyura mu mategeko”
Nubwo Gahongayire we avuga ko iyi ‘gatanya’ umugabo we yatangaje atayizi ndetse bakaba batarajya mu mategeko kubisaba ngo bemererwe gutandukana koko, umugabo we Gahima Gabriel ashimangira ko ibyabo byarangiye.
Yagize ati “Byarangiye, ntabwo nkiri kumwe na we. Nzaza mu Rwanda nyine gukora ibisabwa ngo ntandukane na we.”
Ku itariki ya 20 mukwacumi nakabiri  2013 nibwo Aline Gahongayire yasezeranye n’umugabo we Gahima Gabriel, bakoze ubukwe bw’igitangaza, barasezerana bameranywa kubana ubuziraherezo.
Nyuma y’umwaka umwe n’iminsi 23 nibwo basubiye mu itangazamakuru umwe avuga ko iby’urukundo rwabo abona bitagishobotse bityo ashaka kwiberaho wenyine.
Ku itariki ya 6 ukwacyenda 2014 nibwo Gahongayire yibarutse umwana wa mbere yabyaranye na Gahima ahita apfa.